𝙈𝙧𝙨 𝘾𝙖𝙩𝙝𝙚𝙧𝙣𝙚 ( 𝙊𝙣 𝙡𝙞𝙣𝙚 𝙇𝙤𝙫𝙚)

𝙈𝙧𝙨 𝘾𝙖𝙩𝙝𝙚𝙧𝙞𝙣𝙚
{𝐎𝐧 𝐥𝐢𝐧𝐞 𝐥𝐨𝐯𝐞}

°

°


𝐄𝐩𝐢𝐬𝐨𝐝𝐞 𝟑𝟏

°

°


Duheruka Boss hari message yakire ese yari message bwoko ki? Reka dukomeze ntagutinda..

Mbere yuko ibyo byose biba reka badusubize inyuma gato igihe James yari ajyanye umutwe wawundi yari yamaze kurasa mumutwe

Burya yajyanye na phone zabo zose aba acometse kuri machine arazinjirira kurwego ntamakuru namake yasigajemo atayakoreye Copy

Kuko rero gukuramo password atari ikintu kirenze kuriwe yahise afata phone imwe muyabyabirara ubundi yandikira message boss ati

Boss ubu tuvuye iwe ntakimenyetso nakimwe tuhabonye rwose ni umwere ikindi nabonye njyewe nuko nabonye ari umuhanga azi no gutwara imodoka kuko niwe udutwaye turi kuza rero uyu ntazagucike kabsa

Iyo niyo message boss yakomeje asoma ariko akavuga ati niba police yahageze imbunda barazibafatanye, niba bazibasangane barakora iperereza phone zabo se zo ndagirante bahu aho ibyange ntibyaba bigiye kujya hanze?

Yahise ahamagara Shema yongera kumutegeka kutagira ikosa narimwe bakora ahubwo ahita abategeka guhindura mission abategeka ko bagomba kujya kumushimuta bakamwirwariza iwabo

Mwibuke James ni muzima nukujijisha

Aho ari rero bamucometseko ibiserumu byo kumwongerera amaraso kandi hari n’ umupilice umuri impande kugirango nakanguka aze gusobanura uko byagenze

Gusa nubwo bamurinze nta mbunda police yigeze ifata kuko umwana yari yamaze kuzinyereza cyera

Phone zabo zo zari zamaze kuba ubushwanyu

Izo phone zabo rero bari bazitoraguye ni uwo mupoloce wari uzifite kugirango bazazifashishe mu iperereza

Inama y’ abakobwa irarimbanije

Divine: ngaho tubwire nyine wowe uwo mushinga wawe twumve

Claire: ibyo Carine yarimo avuga bishobora kudukoraho ahubwo mfite igitekerezo kimwe

Nubundi nabonye uriya musore nubwo ntazi icyo akora ashobora kuba afite amafaranga

Njyewe rero mfite igitekerezo cy’ uko twabanza tukamurya amafaranga ubundi twamara kuyatsindira tukazamusebya kurwego rwo hejuru

Divine: eeehh ubwo hajemo amafaranga aho ho ndabyumva vuba

Claire: nubundi ugomba kubyumva kuko ni wowe byose tuzabikesha

Carine: ariko sha ako gatekerezo nisawa byatuma natwe ubwacu dutera imbere rwose

Claire: yego nyine kandi ubwo nibwo kwihorera biraba bitangiye nyuma mfite umupangu karahabutaka wo kuzihorera kurwego rwo hejuru

Divine: tubwire byose nyine twumve wasanga nawe hari aho wize nabi

Claire: nyine byanga byakunda wowe azagukunda cyane nawe rero ugomba kumwumvisha uburyo ki umukunda kandi wifuza gushyingiranwa nawe

Gusa Divine nongere mbisubiremo ikosa utagomba gukora nirimwe ni ukumusura muri Getho kuko nuramuka ugiyeyo gato kidogo ntago uzabasha gusohokayo rwose

Divine: komeza umbwir nkuteze yombi

Claire: sasa wowe numara gutsindira umutima we kandi kuko azaba agukunda cyane ibyo uzajya umusaba byose azajya abiguha kuko agukunda hanyuma nitumara kuyarya yose rero twayahaze muzatangira mutegure ubukwe sasa kuko aho niwo kwihorera kwanjye kuzaba kugezweho

Divine: ngo ntegurane nawe ubukwe kandi hoya ibyo byo ntago bikunda

Claire: tuza ariko wumve birangire, muzategura ubukwe hanyuma nibaza gusaba ni babure umuntu hanyuma nzaba nabateguriye ibaruwa niyo bazahasanga bayisome babe barasebye nanjye mbe ndihimuye

Divine: eeeeeh mbega igitekerezo kiza we sha aho uzaba umwemeje rwose

Carine: ariko mwarasaze rwose ubwo murumva muri kubitekereza neza, hanyuma se iyo hajemo ibintu by’ ubukwe ko hazamo nabayeyi ubwo ababyeyo muzashyiramo abahe?

Ubundi se bwo murumva police bitazarangira ibijemo bakadufunga twese

Mwitonde mubitekerezeho neza

Claire: humura chr njyewe umushinga wanjye nawizeho bihagije

Urumva amafaranga tuzamurya niyo azadufaha muri ibyo byose ntago tuzabikorera inaha kuko bazatuvumbura

Hanzaha hari abantu benshi beshonje babuze amafaranga duhereyeb kundaya zirirwa hanza aha

Dushobora gufata mo imwe tukayiha kuri ayo mafaranga ubundi ikadukorera umuti

Divine: gute ubwo tubwire neza twumve ko ntangaru nimwe izaba irimo

Claire: hoya ntayo ngewe sinjya nkora ibintu birimo ingaru

Sasa rero guhera none tuzashaka sim card zumuntu utari uwinaha nizo turaba dukoresha

Muri ino missino hanyuma nibyo nababwiraga tuzashaka indaya ariko ikuzemo gake tuyikubite kuri ayo mafaranga hanyuma izitwa mukuru wawe , uzabwira Moise ko ntababyeyi ugira hanyuma ubana na mukuru wawe gusa

Ibyo nibivaho naza kugusura uzajya kuri iyo ndaya nayo tuzayikodeshereza ahantu runaka hatandukanye noneho byose bizajya biberayo urumva nawe agomba kumenya byose

Hanyuma rero kuko ababyeyo bawe bazaba barapfuye niwe bazaza kugusaba

Rero muzapanga byose umunsi wubukwe baze gukwa basanga hafunze

Kuri uwo munsi rero account zose zo kuri Facebook n’ amafoto tuzahita tubikuraho ikindi Divine ugomba kumekinga sure ko ntafoto yawe afite

Aho rero police ntago izadukurikiraba kuko ntaphone nimwe bazadushakaho ngo batubone kuko ntanimero nimwe izaba itubaruyeho

Divine: hanyuma iyo ndaya aho izaba iba ho ntibazayisangayo

Claire: bayisangayo gute se kandi ko nawe wasaze urumva azahita yigendera utuntu twose adusige nyiribyondose usibye kizasobanura ko abo bantu atabazo baje bashaka inzu yo kubamo hari ikindi yaba azi

Carine: mana weeee uziko uwo mushinga ufatika we

Divine: sha genda ndemeye uri umuhanga pe

Claire: pfa kwitwararika rwose kuburyo hatazagira ikimenyetso nakimwe gisigara inyuma ikindi kintu cyaba kiza ahubwo wowe Divine nimumara guhuza neza uzahite usiba amafoto yawe kuri Facebook kugirango utazajya ukomeza kuyabikayo akazajya aya downloading hanyuma akayabima

Ukazizera neza ko muri phone ye atanayabitse kuko nubundi ariya mafoto ikihamijwe ni ukugirango amukurure

Nizere ko rero uri tayari rwose tugiye kumweza

Divine: genda wagikobwa we uzi ubwenjye sha aha ho naho yabaubugenza cyaha bwawe kuzadufata ntibyakunda cyeretse umwe muri twe atuvuyemo

Claire: humura rwose kandi ndumva tuwunogeje ka nanigire mumirimo mama ataza kundenza urugo tuzakomeza tuvugane kuri phone nuburyo Divine yabona iyo simcard nshyashya

Abakobwa bose bahise basezeranaho ariko bishimye cyane kamwe kajya iwabo akandi kajya iwabo

Moise yahamagaye Jaque aramubwira

Jaque: nonese ko umpamagaye ijoro ryose man n’ amahoro koko noneho wabaye iki?

Moise: umva bro birakomeye pe Sandra avuye hano gusa byari bikomeye pe sinjyewe ubonye amva mumaso wumve ngo nanjye byandenze noneho

Jaque: ndasira nyine kumirongo numve ibyaribyo mbashe gushona

Moise: umva yasaze rwose ngo ashaka ndekana na Mutesi cyangwa ngo tubane umva ndamwinginze ndamwinginga kubwamahirwe mbona aranyumvise nukuri mfasha ndakomerewe

Jaque: ngo ashaka iki?

Moise: ngo agakungu kanjye nabakobwa arakarambiwe sasa ubu ashaka ngo mpitemo we cyangwa abo bakobwa kandi ngo nintahitamo we ngo uwo nzahitamo wese azadutwikira munzu rwose

Jaque: yewe ko numva wikururiye ikishi , harya ubundi ntiwambwiye ngo Sandra mwakundanye kuva kera ngo wakundanye na Mutesi kugira ngo mumurye amafaranga ye?

Moise: yego man

Jaque: ntibyarangiye se? Wakatiye umuginga ukagumana nuwo sandra wawe

Moise: warasaze njyewe ntawe ndiwe wo kiwizirika kucyana kimwe man ndacyari muto nkeneye kubanza nkaryoshya nkumva ubuzima ntago nakwibaburiraho umuntu

Jaque: ngaho katira Sandra rero umubwize ukuri akuvire mubuzima kuko igih cyose nakugiriye inama iyo uba wumva wakabaye waranyumvise reka nkurohe nanjye rero nugwamo uzamenye ko ari wowe warwicukuriye

Moise: umva rwose nicyo nari ngiye kukugishaho inama noneho ubwo reka nze nkahamagare ahubwo nkabwize ukuri ntago ngewe nakomezanya nakantu kankontorora

Jaque: ariko abantu biyi minsi mwabaye mute muzi kugisha inama kandi mwamaze kwifatira imyanzuro ngaho ahubwo amahirwe masa

Moise: cyakoze bro reka nkubwire suzi wamukobwa nakweretse kuri Facebook ngiye

Jaque: uwuhe se ko unyereka benshi kandi utwaba twose urya ahanini uba wadukuye kuri Facebook

Moise: ndavuga kakandi yewe kitwa Umwiza Divine ….
Ngo amare kuvuga gutyo sasa umwana ngo abyumve aba arikanze ati:

Uvuze ngo nde?

Moise: mvuze Divine mwana

Jaque: ahaa hanyuma Divine yakoze iki?

Moise: umva uriya niwe ngiye gusorezaho rwose naramuka anyemereye hehe no kongera kwigaragura mubakobwa umva lmana izamfashe rwose

Jaque ngo yumve ayo magambo umujinya uba uramwishe ahita amukupa ako kanya arapfukama arasenga ati mana yo mwijuru mfasha rwose sinkeneye kugongana ninshuti yanjye ariko nanjye nararahiye uriya mukobwa uko byagenda kose ngomba kumustindira ntawamumbuza rwose

Joseph arakomeza atubwira inkuru ati nubwo abantu benshi nadukomeye amashyi ndeste benshi k
Bakifuza kuba bamera nkatwe ariko twebwe twumvaga ntacyo bidutwaye kuko niba hari ikintu nabonye mubuzima bwanjye nkumva ndahikinze migihe uba ukundana n’ umuntu nawe agukunda kuko nahamuaga numutima wanjye neza ko rwose Catherine ankunda kandi byukuri

Ubwo numvise ibintu byose Catherine ambwiy ntekereza kuntu yafashe iyambere nsanga kandi ibyo ambwiye nibyo byari bikomeye rwose ubwo nahise mfata umwanzuro nanjye mubwiza ukuri kubyabaye kuri papa gusa natunguwe nukuntu we yabyakiriye kuko ibyo nari nteze kumva sibyo numvise rwos

Ubwo nahise mubwira nti Catherine mukunzi wanjye nkunda

Nawe ati mbwira nkuteze yombi mukunzi wanjye

Nahise mubwira nti buriya rero hari ukintu naguhishe rwose kandi gikomeye… Narabivuze mbona ahise yikanga maze ahita ambwira ati igiki mbwira unteye ubwoba

Nahise mubwira nti burya wamuntu wahoraga umbwira wabonye mumakuru burya yari uriya mugabo ni papa wanjye….

Nabaye nkibivuga umwana mbona abaye nkumusazi ahita avugira hejuru ati ibyo numvise nibyo cyangwa ndarota uriya mugabo w’ inyamatswa kuriya nibyo numvise byose ni papa wawe cyangwa uriunkinisha ngo tubane umve akamvamo

Njyewe numvise amagambo ya Catherine numva ubwoba nibwose maze ndamubwira ndidimanga nti niwe rwose

Catherine yahise avuga ati mwizana rya yesu abazimu bo munguni zose bashye bajugunywe ikuzimu ntago bishoboka rwose oya oya rwose uriya ntago yaba ari papa wawe shaka ikindi umbeshya pe wenda cyo ndabasha kucyumva naho ibyo byo wakishe rwose………………………Loading part 32

Ibyari urukundo bibaye ibibazo

  • Catherine aramwumva se?
  • Divine umugambi akaba arawunogeje azabigeraho se?
  • Moise agiye gukatira umuntu
  • Moise na Jaque ko bagiye kurwanira icyana kimwe

𝐔𝐫𝐚𝐦𝐞𝐧𝐲𝐞 𝐮𝐭𝐚𝐳𝐚𝐜𝐢𝐤𝐰𝐚 𝐧’ 𝐢𝐠𝐢𝐜𝐞 𝐤𝐢𝐳𝐚𝐤𝐮𝐫𝐢𝐤𝐢𝐫𝐚

Nkwibutse ko iyinkuru itambuka kuri Website yitwa ” thentacostoriesp.com “

Niba uri umukunzi w’ inkuru ndende ukaba utarageraho uri gutinda cyane kuko hariho nizindi nyinshi cyane wowe uzatugaye ikindi naho irungu ryo wap ,

Wibuke niba iyi nkuru uyikunze ntuyihererane ukore shere kuri group ubamo usangize ninshuti zawe nazo zunguke ubumenyi wikunguka wenyine

Dusubire kumunsi wejo

𝐔𝐊𝐎 𝐁𝐔𝐂𝐘𝐀, 𝐔𝐊𝐎 𝐁𝐈𝐑𝐘𝐎𝐇𝐀

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *